Icyiciro cya 1: Ibazwa ribanziriza ijonjora

bazwa ribanziriza ijonjora
Umukozi w’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi asuzuma inyandiko zigaragaza umwirondoro wawe (n’umuryango wawe iyo muri kumwe) akazishyingura. Akubaza ibibazo by’ingenzi bijyanye n’impamvu ndetse n’uko wavuye mu gihugu cyawe akanakusanya amakuru y’ubuzima bwawe mu rwego rwo kugenzura ibijyanye n’umutekano w’ibanze. Akubaza amakuru yerekeranye na benshi mu bavandimwe bawe yewe n’iyo mutari kumwe. Umukozi w’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi afata ifoto yawe ku munsi wa mbere.
Nyuma y’ikiganiro cy’ijonjora, amakuruyawe yoherezwa bigo bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bishinzwe umutekano kugira ngo biyasuzume. Ibi bigo bikora iperereza ku makuru watanze kugira ngo biringire ko ari ukuri kandi yuzuye. Bibaho ko icyemezo cy’umutekano kiboneka nyuma y’amezi menshi cyangwa bakakikwima.
Umukozi w’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi niwe ushinzwe kwegeranya amakuru yawe ajyanye no gusaba gutuzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’impunzi. Mu kiganiro cy’ijonjora, umukozi ugukurikirana afata amajwi y’ikiganiro kupamvu wavuye mu gihugu cyawe n’impamvu wumva udashobora gusubirayo.
Iyo uwo mukozi atavuga ururimi rwawe, Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi itanga umusemuzi. Abasemuzi b’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi baba barahuguwe bihagije kandi ari abanyamwuga. Inshingano y’umusemuzi ni ukugufasha kumvikana n’umukozi ukurikirana dosiye yawe. Nta kintu na kimwe umusemuzi yemerewe kongera cyangwa gukura kubyo wamubwiye. Basemura ibintu byose mwavuze wowe n’umukozi ukurikirana dosiye yawe ntacyo ahinduye ku gisobanuro cy’amagambo yawe. Iyo ufite impungenge zerekeranye n’uburyo ibyo wavuze byasemuwe, urabivuga. Ushobora kubaza ikibazo igihe icyo ari cyo cyose muri iki kiganiro cyangwa ugasaba umukozi gusubiramo ikibazo iyo udasobanukiwe. Ushobora kandi kumenyesha umukozi w’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi ko wumva utameze neza cyangwa se utumvikana neza n’umusemuzi.
Iyo uwo mukozi atavuga ururimi rwawe, Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi itanga umusemuzi. Abasemuzi b’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi baba barahuguwe bihagije kandi ari abanyamwuga. Inshingano y’umusemuzi ni ukugufasha kumvikana n’umukozi ukurikirana dosiye yawe. Nta kintu na kimwe umusemuzi yemerewe kongera cyangwa gukura kubyo wamubwiye. Basemura ibintu byose mwavuze wowe n’umukozi ukurikirana dosiye yawe ntacyo ahinduye ku gisobanuro cy’amagambo yawe. Iyo ufite impungenge zerekeranye n’uburyo ibyo wavuze byasemuwe, urabivuga. Ushobora kubaza ikibazo igihe icyo ari cyo cyose muri iki kiganiro cyangwa ugasaba umukozi gusubiramo ikibazo iyo udasobanukiwe. Ushobora kandi kumenyesha umukozi w’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi ko wumva utameze neza cyangwa se utumvikana neza n’umusemuzi.
Usabwa kuba inyangamugayo. Usabwe buri gihe gutanga amakuru yuzuye kandi y’ukuri. Ntiwemerewe guhimba ibisubizo. Niba utazi igisubizo bivuge. Ibisubizo byawe bigomba kuba bisobanutse,binoze kandi byuzuye neza. Umukozi ubishinzwe afata amakuru yose ajyanye n’ubusabe bwawe cyane cyane impamvu zatumye uva mu gihugu cyawe ukaba utanifuza gusubirayo. Aya makuru abikwa muri dosiye yawe akoherezwa mu Serivisi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubwenegihugu n’Abinjira n’Abasohoka.
Ibanga ry’akazi: Ibiganiro byse ugirana n’umukozi w’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi bigirwa ibanga mu rwego rwo kutabangamira serivisi za gahunda yo gutuza abantu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abasemuzi barahirira kugira ibanga ibintu byose byavugiwe mu kiganiro. Nta ruhare abakozi n’abasemuzi b’ Ikigo Gitera Inkunga Igikorwa cyo Gutuza Impunzi bagira muri dosiye yawe. Serivisi za Leta zunze Ubumwe za Amerika zishinzwe Ubwenegihugu n’abimukira zonyine nizo zigena niba wemerewe cyangwa utemerewe.